Amasomo ya audio
Ku wa 2
Buri wa kabiri ducishaho inyigisho yateguwe n'umwe mu bamenyi bacu mu buryo bwa audio
بِسۡمِ ٱللَّهِ ٱلرَّحۡمَٰنِ ٱلرَّحِيمِ
Umuryango Ansar Allah ni umuryango wa kiyisilamu ushingiye kuri Kor-ani na Sunna y'intumwa y'Imana (s) yonyine.
Turi Abagandukira Imana
Nk’uko byari bimeze ku gihe cy’Intumwa y’Imana (S), nta mazehebu tubarizwamo muzo abayisilamu bihimbiye. N’ubwo izo mazehebu ari isôko n’umurage w’ubumenyi ku buyisilamu; twemera nta shiti ko igitabo cy’Imana (Kor-ani) mbere ya byose, hanyuma Hikma [Sunna nyakuri y’intumwa y’Imana (S)] aribyo byonyine bigomba gukurikizwa. Icyo bitabujije n’icyo bitategetse ni umwihariko, uwemera yakoramo uko ashaka (mubâh).
Duharanira ubumwe n’ubuvandimwe mu bayisilamu bose ku isi yose nta mupaka. Ubwo bumwe n’ubuvandimwe bugomba kurangwa na umma imwe rukumbi itagira uwo iheza n’umwe mu bayigize, iri mu rugero ruringaniye (ummatan wasatan), yashyiriweho gukorera abantu bose ngo ibabere icyitegererezo itaranzwe no gukabya no guheza inguni cyangwa kutihanganira abandi.
Ubwisanzure, kugira gahunda na disipuline nibyo shingiro ry’ibyacu. D’AWA ILALLÂHI (guhamagarira bose kuyoboka Imana y’ukuri), AMRI BIL M’ARÛF (kubwiriza ibyiza) na NAHYI ’ANIL MUNKAR (kubuza ibibi) ni umurimo twiyemeje ubuzima bwose.
Twogeza ibyo kugira umutima n’umuco wa kimuntu usaba kubaha no kubahiriza cyane ubuzima n’agakiro ka Muntu, uburinganire hagati y’umugabo n’umugore; ubutabera butavangura kuri bose, n’ubufatanye n’ubwisungane mu mahoro n’umudendezo nta nzitizi n’imbogamizi
© ANSAR ALLAH MUSLIM COMMUNITY
Intego yacu
D’AWA ILALLÂHI (guhamagarira abantu bose kuyoboka Imana y’ukuri), AMRI BIL M’ARÛF (kubwiriza ibyiza) na NAHYI ’ANIL MUNKAR (kubuza ibibi) ni umurimo twiyemeje ubuzima bwose.
Indagagaciro zacu
Kugira gahunda no kuyubahiriza muri buri kintu cyose
Kurangwa n'isuku y'umutima n'umubiri.
Kurangwa n'ibikorwa byiza mu buzima bwa buri munsi.
Kurangwa n'umuco mwiza n'imyitwarire myiza mu mibanire n'abandi.
Mu cyumweru cyose
Gahunda zica kuri uru rubuga cyumweru ni izi zikurikira:
Ku wa 2
Buri wa kabiri ducishaho inyigisho yateguwe n'umwe mu bamenyi bacu mu buryo bwa audio
Ku wa 4
Adhkaar ni ubutumwa bw'umuryango Ansar Allah ku banyamuryango buri cyumweru.
Ku wa 5
Buri wa gatanu hasohoka u rwibutso ruciye kumbuga zacu za youtube rugamije gutanga inyigisho zigendanye nibihe tugezemo
Ku cyumweru
Amasomo y'ubumenyi bw'idini agenewe abantu b'ingeri zose
ANSAR ALLAH MUSLIM COMMUNITY ni umuryango ubereyeho guhamagarira abantu bose kuba abagaragu b'Imana yonyine
Dusure